Umugore witwa Anne-Marie Szwed ukomoka mu Bwongereza yakomerekejwe ku mutwe n’umukobwa amuziza ko yaganiriye n’umuhungu w’inshuti ye bahuriye mu nzira.
Uyu mubyeyi w’umwana umwe, yakubitiwe mu bwiherero n’uyu mukobwa w’umunyeshyari aho yasangije abakunzi be ifoto ibabaje y’ukuntu uyu mugizi wa nabi yamukomerekeje ku mutwe.
Uyu mugore yavuze ko uyu mukobwa yamukubise kubera kwihorera ko yavuganye n’umukunzi we mu masaha ya nijoro mu mugi wa Coventry ndetse yemeza ko uyu musore ariwe wamwikuruyeho (...)
Umugore witwa Anne-Marie Szwed ukomoka mu Bwongereza yakomerekejwe ku mutwe n’umukobwa amuziza ko yaganiriye n’umuhungu w’inshuti ye bahuriye mu nzira.
Uyu mubyeyi w’umwana umwe, yakubitiwe mu bwiherero n’uyu mukobwa w’umunyeshyari aho yasangije abakunzi be ifoto ibabaje y’ukuntu uyu mugizi wa nabi yamukomerekeje ku mutwe.
Uyu mugore yavuze ko uyu mukobwa yamukubise kubera kwihorera ko yavuganye n’umukunzi we mu masaha ya nijoro mu mugi wa Coventry ndetse yemeza ko uyu musore ariwe wamwikuruyeho bahuriye kuri hoteri.
Oak Inn niho uyu mugore yakubitiwe
Uyu mugore abinyujije kuri Facebook ye,yatangaje ko agaya abakobwa bitwara nk’uyu wamukubise kubera gufuha cyane,aho yemeje ko ataziranye nabo bombi.
uyu mugore yatewe ikinya kugira ngo babashe kumuvura umutwe we wakomerekejwe n’uyu mukobwa wamujijije kuvugana n’umukunzi we.
Ibitekerezo
abagore nabakobwa b iki gihe nabo bazi kwibambaza ku bagabo b abandi.Ni nk uwo nzakubitira ku wanjye.