skol

Ibyo inzoga zaraye zikoreye abagore n’abagabo bo mu bihugu by’Ubwongereza biteye agahinda [AMAFOTO]

Yanditswe: Tuesday 01, Jan 2019

Mu ijoro ryakeye ku isi yose abantu baraye bishimira ko barangije umwaka wa 2018 amahoro,aho bamwe baraye mu nsengero bashimira Imana,abandi barya mu kabari baranywa barasinda mu gihe abandi baraye mu byaha by’uburyo bwose.

Mu bihugu bigendera ku matwara y’Ubwami bw’Abongereza,UK,bamwe mu bagore n’abagabo baraye bandagajwe bikomeye n’agasembuye nyuma yo kugafata bigatinda.

Abagore bafotowe bahetswe mapyisi,abandi barwana n’abagabo babo ku karubanda mu gihe abandi biyambitse ubusa kubera ubukana bw’inzoga.

Abasore bamwe babuze imbaraga zibacyura barara ku biro by’abapolisi mu gihe abandi bavunitse baryanwa na Ambulance kwa muganga.

Abahanga mu gufotora baraye binjije akayabo k’amadolari kubera amafoto atangaje bafashe Abongereza batandukanye basinze dore ko bazwiho gukunda agasembuye ku buryo butangaje.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa