skol
fortebet

Ngando Omar ukinira Kiyovu Sports yasezeranye n’umukobwa babyaranye [AMAFOTO]

Yanditswe: Monday 16, Aug 2021

featured-image

Sponsored Ad

Myugariro w’Umurundi ufite ubwenegihugu bw’u Rwanda, Ngando Omar, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Nishi Belyse bamaze igihe bakundana.
Nkuko amakuru dukesha ISIMBI abitangaza, Ngando Omar na Belyse bombi bakomoka muri Cibitoke,basezeranye ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize imbere y’amategeko i Bujumbura aho uyu mukinnyi abarizwa mu biruhuko.
Ngando Omar usanzwe ari umukinnyi wa Kiyovu Sports, ahisemo gusezerana na Belyse nyuma y’igihe kinini bakundana cyane ko bafitanye n’umwana (...)

Sponsored Ad

Myugariro w’Umurundi ufite ubwenegihugu bw’u Rwanda, Ngando Omar, yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we Nishi Belyse bamaze igihe bakundana.

Nkuko amakuru dukesha ISIMBI abitangaza, Ngando Omar na Belyse bombi bakomoka muri Cibitoke,basezeranye ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize imbere y’amategeko i Bujumbura aho uyu mukinnyi abarizwa mu biruhuko.

Ngando Omar usanzwe ari umukinnyi wa Kiyovu Sports, ahisemo gusezerana na Belyse nyuma y’igihe kinini bakundana cyane ko bafitanye n’umwana w’umuhungu witwa Raphael uri hafi kuzuza imyaka 2.

Ngando Omar akaba ari myugariro ukina mu mutima w’ubwugarizi wakiniye amakipe atandukanye mu Rwanda arimo APR FC, AS Kigali na Kiyovu Sports akinira, ni umunyarwanda ariko ukinira ikipe y’igihugu cy’u Burundi, avukana na Ally Niyonzima we ukinira Amavubi.




Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa