Umugabo wa mbere wabashije kubyara yatunguye benshi kubera ibyo yatangaje
Yanditswe: Saturday 25, Aug 2018
Umugabo witwa Thomas Beatie ukomoka muri USA wakoze amateka yo kuba umugabo wa mbere wabashije gutwita akabyara yatangaje ko umugore we yamusabye ko bakomeza kubyara abana benshi ndetse yiteguye kongera kubyara.
Thomas Beatie w’imyaka 44 yavuze ko we n’umufasha we Amber Nicholas babanye neza ndetse yamusabye ko yakongera agatwita bakabyara undi mwana nyuma y’aho uyu mugabo yabyaye umuhungu witwa Jackson.
Beatie wabaye umugabo wa mbere ubashije gutwita no kubyara ari kumwe n’umugore we n’umwana yabyaye
Uyu munyamerika yatunguye benshi mu batuye isi ubwo yashyiraga hanze ifoto atwite nyuma yo kwibagisha agahabwa ubushobozi bwo kuba yatwita nk’abagore.
Uyu mugabo yatandukanye n’umugore we wa mbere babyaranye abana 3 niko gushakana n’uyu Ambere basanze atabyara nibwo yashatse kumusimbura ajya kwibagisha aba umugabo wa mbere ubashije gutwita mu mwaka wa 2007.
Ibitekerezo
Ibyo nukuri byerekana ko isi ijyeze kumahenuka nubwo umugore we yabifashe nka ari igisubizo kuriwe .