skol
fortebet

Umukobwa yahishuye ukuntu umukunzi we yahaye impyiko yamuhemukiye bikomeye

Yanditswe: Monday 24, Jan 2022

featured-image

Sponsored Ad

Umugore yatangaje ko yajugunywe bunyamaswa n’uwahoze ari umukunzi we nyuma y’amezi 10 gusa amuhaye impyiko.
Colleen yavuze ko ubwo yari agize amahirwe yo guhindura ubuzima bw’umukunzi we mu myaka itandatu ishize, ntiyazuyaje kubikora.
Ikinyamakuru The Sun kivuga ko ubwo bahura bwa mbere, Colleen yavuze ko umukunzi we yamubwije ukuri ko yarwaye indwara idakira kuva afite imyaka 17. Ibi bivuze ko yagombaga kuba kuri dialyse kandi ko impyiko ze zikoraga 5% gusa z’ubushobozi bwazo.
Yabisobanuye (...)

Sponsored Ad

Umugore yatangaje ko yajugunywe bunyamaswa n’uwahoze ari umukunzi we nyuma y’amezi 10 gusa amuhaye impyiko.

Colleen yavuze ko ubwo yari agize amahirwe yo guhindura ubuzima bw’umukunzi we mu myaka itandatu ishize, ntiyazuyaje kubikora.

Ikinyamakuru The Sun kivuga ko ubwo bahura bwa mbere, Colleen yavuze ko umukunzi we yamubwije ukuri ko yarwaye indwara idakira kuva afite imyaka 17. Ibi bivuze ko yagombaga kuba kuri dialyse kandi ko impyiko ze zikoraga 5% gusa z’ubushobozi bwazo.

Yabisobanuye agira ati: “Nahisemo kwipimisha kugira ngo ndebe niba duhuza kuko ntashakaga kumubona apfa. »

Barahuje kandi Colleen yamuhaye impyiko. Kubabaga byagenze neza kandi bombi byakize neza.

Icyakora, Colleen yavuze ko yamutaye nyuma y’amezi arindwi. Muri videwo yashyize kuri TikTok, Colleen yasobanuye uburyo uyu wahoze ari umukunzi we yamubwiye ko agiye i Las Vegas mu birori byo gusezera ubusore hamwe n’abasore bamwe bo mu itorero rye.

Muri icyo gihe, Colleen yari mu bizamini bye kandi yizeraga byimazeyo umukunzi we, nuko ntiyabyitaho. Nyuma yaje kwiyerekana mu muryango we yemera ko yamubeshye

Ati: "Habayeho gutongana kwinshi nyuma, amaherezo naramubabariye muha amahirwe ya kabiri". Ariko nyuma y’amezi atatu, uyu musore yataye Colleen abimubwiye kuri terefone.

Yavuze ko yagize ati: “Nitudashaka abandi, Imana izaduhuriza hamwe amaherezo. »

Colleen yavuze ko gutandukana kwae n’uyu musore kwamugoye. Yavuze ko yamubwiye ati: "Watanze impyiko kugira ngo wigaragaze neza."

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa