Umushinwa w’ imyaka 13 y’ amavuko ntabwo abasha uburyama kubera ubunini bw’ igitsina cye
Yanditswe: Tuesday 04, Apr 2017
Mu gihugu cy’u Bushinwa, umwana w’imyaka 13 y’amavuko amaze igihe kirenga umwaka atabasha kuryama nyuma yo kujya kwiyongereza igitsina ariko icyo yabonye kikaba cyaramubereye akari aha kagahe.
Uyu mwana utatangajwe amazina yavukanye agatsina gato cyane ku buryo ku kigero cye cy’imyaka 12 yahisemo kujya kwa muganga ngo arebe niba hari icyo bamufasha mu kucyongera.
Uyu mwana w’umugungu ngo yakoze ikosa ryo kubeshya abaganga ko afite imyaka 18 kugira ngo babashe kumuha imiti ituma ibyo ashaka (...)
Mu gihugu cy’u Bushinwa, umwana w’imyaka 13 y’amavuko amaze igihe kirenga umwaka atabasha kuryama nyuma yo kujya kwiyongereza igitsina ariko icyo yabonye kikaba cyaramubereye akari aha kagahe.
Uyu mwana utatangajwe amazina yavukanye agatsina gato cyane ku buryo ku kigero cye cy’imyaka 12 yahisemo kujya kwa muganga ngo arebe niba hari icyo bamufasha mu kucyongera.
Uyu mwana w’umugungu ngo yakoze ikosa ryo kubeshya abaganga ko afite imyaka 18 kugira ngo babashe kumuha imiti ituma ibyo ashaka abigeraho vuba, ndetse ayifata igihe kingana n’umwaka wose.
Ikinyamakuru Dailymaily kivuga ko uyu mwana ukomoka mu mujyi wa Changji atakibasha no guhaguruka aho ari kubera ubunini n’uburibwe bw’igitsina cye nyuma yo gufata imiti ituma gikura.
Uyu mwana avuga ko yamenyaniye n’abaganga ku mbuga nkoranyambaga bagahana aderese kugeza ageze aho bakorera, aho yabahaye Amayero 11 yo kumusuzuma ubundi bagatangira kumuha imiti.
Abaganga bavuga ko bitoroshye kumuvura kugeza ageze ku kigero cy’igitsina yifuza bitewe n’imiti afashe mu gihe kingana n’umwaka byongeye akaba yanafataga imiti itari ku rwego rwe.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *