Umusifuzi yashatse kwihagarika ari mu kibuga ahita abikora atagiye hanze
Yanditswe: Saturday 13, Mar 2021
Umusifuzi wo muri Brazil witwa Denis da Silva Ribeiro Serafim yakwirakwiriye ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo gushaka kwihagarika ari mu kibuga ajya hagati mu kibuga arihagarika.
Mbere yo gutangiza umukino,uyu musifuzi yashatse kwihagarika niko guhagarara ku murongo ugabanya ikibuga iranyara.
Kuwa kane w’iki cyumweru,nibwo mbere y’uyu mukino wa Copa de Brasil wahuje Boavista na Goias Bwana Serafim yihagaritse [yanyaye]mu kibuga hagati.
Nubwo uyu mukino utari uzwi hirya no hino,wagiye kurangira wamenyekanye ku isi yose kubera aka gashya k’uyu musifuzi.
Nkuko amashusho yabigaragaje,uyu musifuzi ntiyatinye kumanura ikabutura anyara hafi y’aho batereka umupira mu kibuga hagati.
Aka gashya kabereye ku kibuga cya Elcyr Resende stadium ahitwa Saquarema hafi ya Rio de Janeiro. Boavista yatsinze umukino ubanza ibitego 3-1.
Uwakwirakwije iyi video yagize ati “Umusifuzi yihagaritse mu kibuga hagati,yanga kujya mu rwambariro ngo adatinza umukino.”
Undi yanze kubyemera aravuga ati “Uku si ukwihagarika ahubwo n’amazi yamenye mu kibuga agiha umugisha ngo abakinnyi ntibaze kurwana.
Umunyamakuru Edson Junior yavuze ko uyu musifuzi koko yihagaritse mu kibuga hagati.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *