skol
fortebet

Umusore yaciye ibintu henshi kubera igihano yahawe nyuma yo guca inyuma umukunzi we

Yanditswe: Thursday 14, Oct 2021

featured-image

Sponsored Ad

skol

Umusore utavuzwe amazina,yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kugaragara muri Euston,mu mujyi wa Liverpool n’ahitwa Waterloo mu mujyi wa London azenguruka yambaye icyapa cyanditseho amagambo atangaje.
Abatuye Londres na Liverpool bavuze ko babonye uyu musore agenda azenguruka ahahurira abantu benshi, yambaye ikarito yanditseho ati: “Ku wa kane, naciye inyuma umukunzi wanjye kandi iki nicyo gihano cyanjye.”
Uyu musore yafotowe amafoto menshi n’abamubonye akwirakwizwa ku mbuga (...)

Sponsored Ad

Umusore utavuzwe amazina,yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kugaragara muri Euston,mu mujyi wa Liverpool n’ahitwa Waterloo mu mujyi wa London azenguruka yambaye icyapa cyanditseho amagambo atangaje.

Abatuye Londres na Liverpool bavuze ko babonye uyu musore agenda azenguruka ahahurira abantu benshi, yambaye ikarito yanditseho ati: “Ku wa kane, naciye inyuma umukunzi wanjye kandi iki nicyo gihano cyanjye.”

Uyu musore yafotowe amafoto menshi n’abamubonye akwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye ariko ntibiramenyekana niba ari umukunzi we wabimutegetse cyangwa ari igihano yihaye.

Igikorwa cy’umugabo cyatumye abantu benshi basangira ibitekerezo kuri we n’umukunzi we, aho benshi bavugaga ko umukobwa bakundana atamukunda.

Ariko, abandi bavuga ko bishoboka ko uyu mugabo yaba ashaka kwiyamamaza ku mbuga nkoranyambaga.


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa