Umusore yahisemo kwiyahurana n’umukunzi we nyuma yuko ababyeyi babo banze ko bashyigiranwa
Yanditswe: Wednesday 01, Sep 2021
Umusore yafashe umwanzuro wo gupfana n’umukunzi we nyuma y’uko ababyeyi babo banze ko bashyigiranwa kubera ko badahuje ubwoko babasigira urwadiko ruriho ubutumwa bukomeye
Muri Leta ya Anambra, mu gihugu cya Nigeria, haravugwa inkuru y’abakundana babiri, umusore n’inkumi biyahuye nyuma yuko ababyeyi babo banze kwemera ko bashakana bakabana nk’umugore n’umugabo.
Aba bakundanaga bombi bakomoka Okija muri leta ya Anambra, banyweye umuti witwa sniper, kubera ko ababyeyi babo banze kubemerera ko bashyingirwa kubera gahunda ya Osu na Ohu Caste (Sisitemu ya Osu ni umuco wa kera mu gace ka Igbo, uca intege imibanire no gushyingirana n’ubwoko bw’abantu bitwa Osu na Ohu).
Abakundana basize banditse ibaruwa mbere yo kwiyahura bakoresheje umuti wica udukoko, sniper, wabaye igikoresho gikoreshwa cyane mu kwiyahura muri Nigeria.
Ati: “Twatekereje tunahitamo kubirangiza byose kuko tudashobora kubaho tutari kumwe. Abantu ba Okija, Anambra na Igbo bavuze Oya ku byifuzo byacu!“
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *