skol
fortebet

Umwana w’imyaka ibiri yaciye ibintu nyuma yo kwivana iwabo akagenda ibirometero bisaga 4 n’imbwa z’iwabo

Yanditswe: Monday 25, Sep 2023

featured-image

Sponsored Ad

Ubuyobozi bwavuze ko umukobwa w’imyaka 2 yateye impungenge iwabo nyuma yo gukora urugendo rw’ibirometero birenga 4 atambaye inkweto ari hamwe n’imbwa ebyiri z’iwabo bigatuma iwabo bamushaka cyane.

Sponsored Ad

Nyuma y’igihe kinini,ababyeyi b’uyu mwana bamushaka,bamusanze aryamye mu gashyamba i Michigan yiseguye imbwa y’iwabo nto.

Abasirikare bigenga bahamagawe n’inzu iri mu cyaro cya Faithorn, muri Leta ya Michigan muri Amerika, ahagana saa mbili z’ijoro ryo ku wa gatatu nyuma y’uko uyu mwana muto, Thea Chase,avuye mu rugo, nk’uko umupolisi wa Leta ya Michigan, Lt. Mark Giannunzio yabitangarije CNN ku wa gatanu.

Faithorn ni umujyi muto uri nko mu bilometero bisaga 2 mu burasirazuba bw’umupaka wa Wisconsin mu majyaruguru ya Michigan.

Brooke Chase, nyina wa Thea, yavuze ko yari afite ubushake bwo kujya kwita k’umukobwa we wakiniraga mu gikari, maze yumva nyirarume amubwira ngo yinjire kuko nta nkweto yari afite.

Ubwo Chase na muramu we bamenyaga ko Thea atari mu nzu, batangiye gusakuza. Bashakishije iminota igera kuri 20 mbere yo guhamagara umugabo wa Chase n’abapolisi.

Giannunzio yagize ati: "Iyo tubonye telefoni imeze gutya, ibindi byose birahagarara."

Polisi ya Leta ya Michigan yasabye indege zitagira abapilote, amakipe atabara,mu gihe abagize umuryango w’uyu mwana bahise bashyiraho ikipe yo kumushakisha kuko bakekaga ko ari mu ishyamba ryinshi riri hafi y’iwabo mu rugo.

Nk’uko Chase abitangaza, ngo ahagana mu gicuku, nyuma y’amasaha ane abapolisi babimenyeshejwe bwa mbere, inshuti y’umuryango yashakishaga Thea hirya no hino,yegereye ahari imbwa yo muri uyu muryango yitwa Buddy,ihita itangira kumoka.

Uyu mwana w’imyaka 2 yasanzwe mu gashyamba, aryamye hasi yubitse umutwe hejuru y’imbwa yabo yitwa Hartley.

Chase yavuze ko ubwo umushoferi wayo yageragezaga kwegera umwana muto kugira ngo amukangure, iyi mbwa ngo yaramotse cyane.

Chase yongeyeho ko "yari afite ubwoba" mu masaha agera kuri ane bamaze bashakisha umukobwa we.

Ubwo yari yasigaye mu rugo hamwe na murumuna wa Thea,abasirikari bigenga basatse inzu yabo inshuro nyinshi bagerageza guhumuriza uyu mugore.

Ubwo Thea yagarurwaga mu rugo, yarasetse aravuga ati: “Uraho, Mama."

Ubushyuhe bwo hanze bwari nka dogere 60 ubwo uyu mwana yabonekaga. Giannunzio avuga ko Thea yasanzwe ameze neza nyuma yo gusuzumwa kwa muganga.

Ibitekerezo

  • Izi degrees ntahantu ziraba Ku isi.Ntabwo uyu mwana yakwihanganira ubu bushyuhe(60) kuko bwenda kungana n’ubw’amazi yaseruye(yabize)

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa