Umwicanyi ruhagwa yapfiriye aho yari afungiye ubwo yarimo yikinisha
Yanditswe: Wednesday 25, Jul 2018
Umwicanyi kabuhariwe ukomoka mu Budage witwa Egidius Schiffer w’imyaka 62, yahuye n’uruva gusenya ubwo yarimo yikinisha yarangiza agafata urutsinga rw’amashanyarazi akarukoza ku gitsina cye umuriro ukamukubita mpaka avuyemo umwuka.
Uyu mwicanyi wishe abagore 5 mu mwaka wa 2008 agakatirwa igihano cya burundu,yafashe urusinga rwo ku itara rya kasho ye aruzinga ku gitsina cye no mu gituza,umuriro uramukubita bimuviramo urupfu nkuko polisi yabitangaje.
Iyi ni gereza ya Bochum Schiffer yaguyemo ari kwikinisha
Uyu Mudage yapfuye ku wa Mbere w’iki Cyumweru,ubwo yarimo yikinisha afata urusinga aruzengurutsa ku gitsina cye no mu gituza kandi umuriro bimubyarira akaga gakomeye.
Abaganga bavuze ko iyi mfungwa yishwe n’umutima we nyuma y’aho umuriro wari mu rusinga yari yizengurukije mu gituza umukubise.
Schiffer yishe abagore 5 hagati y’umwaka wa 1983 na 1990 aho 3 muri bo yabasambanyije ku ngufu ndetse arabaniga,abata mu ishyamba.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *