skol
fortebet

Urukiko rwategetse umukobwa kwishyura indishyi z’akababaro umusore bakundanaga yababarije umutima

Yanditswe: Friday 27, Jan 2023

featured-image

Sponsored Ad

Umugore wo muri Uganda watandukanye n’umukunzi we yategetswe kumwishyura indishyi z’akababaro kubera ububabare bukomeye yamuteye.
Urukiko rwa Kanungu rwatangaje ko Richard Tumwine yishyuye amashiringi 9.4m ($ 2,550; £ 2,060) kugira ngo Fortunate Kyarikunda yige amategeko, ubu akaba agomba kuyamwishyura hiyongereyeho n’amafaranga y’abanyamategeko.
Mu guhagarika umubano wabo nyuma y’imyaka ine, umucamanza Asanasio Mukobi yemeje ko Madamu Kyarikunda yarenze ku masezerano ashengura umutima wa Bwana (...)

Sponsored Ad

Umugore wo muri Uganda watandukanye n’umukunzi we yategetswe kumwishyura indishyi z’akababaro kubera ububabare bukomeye yamuteye.

Urukiko rwa Kanungu rwatangaje ko Richard Tumwine yishyuye amashiringi 9.4m ($ 2,550; £ 2,060) kugira ngo Fortunate Kyarikunda yige amategeko, ubu akaba agomba kuyamwishyura hiyongereyeho n’amafaranga y’abanyamategeko.

Mu guhagarika umubano wabo nyuma y’imyaka ine, umucamanza Asanasio Mukobi yemeje ko Madamu Kyarikunda yarenze ku masezerano ashengura umutima wa Bwana Tumwine.

Urukiko rwavuze ko ari"ukudashyira mu gaciro, kubeshya no kuriganya" nyuma y’aho uregwa avugiye ko ababyeyi be aribo bamubwiye ko atagomba gushyingiranwa n’umusaza,rukavuga ko "yari afite amahirwe yose yo kwanga icyifuzo cyo kwinjira mu rukundo n’urega hakiri kare bishoboka kandi akirinda gufata amafaranga ye".

Ntibiramenyekana niba Madamu Kyarikunda azajuririra urwo rubanza.

Abanenga urukiko babwiye ikinyamakuru The Monitor ko iki cyemezo cyuzuyemo kubogama kuko kwemeranya kubana, bitandukanye no gushyingiranwa,kandi ko kwemera kubana n’umuntu ntubikore bidahanwa n’amategeko.

Hagati aho, Sheila Kawamara, wo mu itsinda rikorera ubuvugizi bw’abagore ED EASSI,yaburiye ko rimwe na rimwe hari ibintu bifatwa nko kuba umugabo yaha umugore amafaranga kugira ngo azamurongore.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa