Uwari mu bayoboye igisirikare cy’Ubwongereza kirwanira mu mazi yirukanwe azira gusambanyiriza umugore mu bwato bw’intambara
Yanditswe: Sunday 10, Jul 2022
Umusirikare mukuru mu ngabo z’Ubwongereza mu barwanira mu mazi yirukanwe mu ngabo zirwanira mu mazi kubera amafoto yafotowe ari gusambana n’umugore mu bwato bw’intambara.
Uyu musirikare utwara ubwato Gary Patterson, yakuwe ku mirimo ye ubwo ubusambanyi bwe n’umugore ukora muri kompanyi yitwa HMS Victorious bwamenyekanaga.
Amafoto na videwo bivugwa ko ari ibya Coxswain Patterson w’imyaka 43, hamwe n’uyu mugore bari gukora imibonano mpuzabitsina bari muri ubu bwato bw’intambara bugenda munsi (...)
Umusirikare mukuru mu ngabo z’Ubwongereza mu barwanira mu mazi yirukanwe mu ngabo zirwanira mu mazi kubera amafoto yafotowe ari gusambana n’umugore mu bwato bw’intambara.
Uyu musirikare utwara ubwato Gary Patterson, yakuwe ku mirimo ye ubwo ubusambanyi bwe n’umugore ukora muri kompanyi yitwa HMS Victorious bwamenyekanaga.
Amafoto na videwo bivugwa ko ari ibya Coxswain Patterson w’imyaka 43, hamwe n’uyu mugore bari gukora imibonano mpuzabitsina bari muri ubu bwato bw’intambara bugenda munsi y’amazi yakwirakwijwe hose.
Iki gikorwa cya Patterson "nticyemewe na gato" nkuko byatangajwe ariyo mpamvu abayobozi b’uyu musirikare bamwirukanye.
Amakuru aturuka muri Royal Navy avuga ko bidashoboka ko yakomeza umwuga we,nubwo ari umwe mu bayobozi bakuru b’iki gisirikare.
Uwatanze amakuru yagize iti: “Yaryamanye n’umukobwa mu bwato.
Yari ashinzwe abagabo bagera ku 160 badasanzwe n’abagore babiri.
Ikigaragara ni uko byari bisanzwe bimenyerewe ku birindiro ko bakundana.
Basambanye ubwo bari mu bwato.
Barabimenye maze ahamagazwa na ba shebuja.
Ibimenyetso byinshi byoherejwe kuri Royal Navy bijyanye n’ibyabaye.
Uyu Patterson,n’umwe mu bari bagize itsinda riyoboye igisirikare kirwanira munsi y’amazi cy’Ubwongereza, yari afite imyaka 27.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *