Yamenaguye imodoka ihenze yari yaguriye ihabara rye nyuma yo kurifata rimuca inyuma
Yanditswe: Tuesday 25, Oct 2022

Umugabo wubatse yaciye ibintu nyuma yo kumenagura imodoka ya Range Rover yaguriye ihabara ryr ariziza kumuca inyuma.
Uyu mugabo wari usanzwe afite undi mugore yateje akavuyo mu kabyiniro ko mu mujyi wa Lagos muri Nigeria, ubwo yamenagura Range Rover bivugwa ko yaguriye ihabara rye nyuma akarifata riri gusambana n’undi mugabo
Amashusho yafashwe muri wikendi ishize biri kuba agakwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga,yagaragaje uyu mugabo ari kumenagura iyi modoka imbere y’akabyiniro kazwi cyane (...)
Umugabo wubatse yaciye ibintu nyuma yo kumenagura imodoka ya Range Rover yaguriye ihabara ryr ariziza kumuca inyuma.
Uyu mugabo wari usanzwe afite undi mugore yateje akavuyo mu kabyiniro ko mu mujyi wa Lagos muri Nigeria, ubwo yamenagura Range Rover bivugwa ko yaguriye ihabara rye nyuma akarifata riri gusambana n’undi mugabo
Amashusho yafashwe muri wikendi ishize biri kuba agakwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga,yagaragaje uyu mugabo ari kumenagura iyi modoka imbere y’akabyiniro kazwi cyane ahitwa Ikoyi.
Uyu mugabo yabujijwe n’abashinzwe umutekano ariko akomeza gutuka cyane iri habara rye ari nako yangiza iyi modoka ye.
Yumvikanye asakuza avuga ko yaguriye imodoka indaya none ikaba yahisemo kumuca inyuma.
Bamwe mu bantu bagaragaye muri iyo videwo yashyizwe hanze na lindaikejisblog.com,banengaga uyu mugore ’kumuca inyuma" mu gihe abandi basa n’abashinja uyu mugabo wubatse kuba yakabije akamenagura iyo modoka.
Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *