skol
fortebet

Yaturikije inzu yarimo umugore we akeka ko ari kumuca inyuma

Yanditswe: Wednesday 31, Aug 2022

featured-image

Sponsored Ad

Umukobwa w’imyaka 22 ari hagati y’urupfu n’ubuzima mu bitaro bikuru bya Coast nyuma y’uko se atwitse inzu akoresheje ibisasu bitanu yakoresheje mu bikomoka kuri peteroli nyuma yo gushinja nyina ko yaryamanye n’undi mugabo.
Nk’uko polisi ibivuga, kuwa 29/2/08/2022 umugore w’ukekwaho icyaha Flora Kaari yavuze ko umugabo we John Maroo yatwitse inzu yabo kubera ko yakekaga ko yari aryamanye n’umuturanyi wabo.
Raporo ya Polisi igira iti“Kaari yabwiye abapolisi ko ubwo yari aryamye mu nzu ye hamwe (...)

Sponsored Ad

Umukobwa w’imyaka 22 ari hagati y’urupfu n’ubuzima mu bitaro bikuru bya Coast nyuma y’uko se atwitse inzu akoresheje ibisasu bitanu yakoresheje mu bikomoka kuri peteroli nyuma yo gushinja nyina ko yaryamanye n’undi mugabo.

Nk’uko polisi ibivuga, kuwa 29/2/08/2022 umugore w’ukekwaho icyaha Flora Kaari yavuze ko umugabo we John Maroo yatwitse inzu yabo kubera ko yakekaga ko yari aryamanye n’umuturanyi wabo.

Raporo ya Polisi igira iti“Kaari yabwiye abapolisi ko ubwo yari aryamye mu nzu ye hamwe n’abana be batatu bumvise umuntu ukomanga ku rugi. Yasabye umuhungu we gusuzuma uwari ku muryango. Bakinguye urugi, basanze ari umugabo we. ”

Uyu mugore yakomeje avuga ko uyu mugabo we wari wariye karungu yahise aturitsa ibisasu 5 yari yakoze hanyuma bikomeretsa umukobwa wabo w’imyaka 22 witwa Angelique Kendi.

Polisi ivuga ko akimara guturitsa ibyo bisasu bigatwika inzu yabo na bimwe mu bikoresho batunze,yashatse gutera icyuma umugore we ariko uyu aza kumucika arahunga.

Abashinzwe iperereza ku byaha muri Kenya [DCI] n’abashinzwe kurwanya iterabwoba [ATPU]bahuriye muri uru rugo na Polisi bahasanga ibyo bisasu uyu mugabo yaturikije.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa