skol
fortebet

Ben Pol yavuze abahanzi basigaye baca inyuma abakunzi babo bakajya gutereta umukobwa bakundana[AMAFOTO]

Yanditswe: Saturday 08, Jun 2019

Sponsored Ad

skol

Ben Pol yatangaje ko abahanzi barimo Harmonize na Khaligraph Jones bajya batereta umukobwa bakundana banyuze kuri Instagram.

Sponsored Ad

Umuhanzi Ben Pol aganira na Zamaradi Mketema yatangaje byinshi birimo uko umuziki we ndetse nuko abanyeho n’umukunzi we witwa Anerllisa Muigai aherutse kwambika impeta.

Ben Pol abajijwe niba bizerana bombi kugera ubwo ubwo umwe ashobora gusoma ubutumwa mugenzi yohererezanya n’abandi, Ben Pol yabyemeje ashize amanga anatanga ibihamya bya bamwe mu byamamare bashaka gutereta umukunzi we.

Ati “Abahanzi barahari. Barimo Shettah, Harmonize, Khaligaraph kandi konti zabo ziremewe [verified] ariko ntibintangaza kuko umukobwa mwiza ubonye umwanya wo kwicarana nawe nibwo wabona ubwiza bwe neza.”

Ibi bije nyuma yuko uyu muhanzi Harmonize yigeze gushwana n’umukunzi we Sarah bivugwa ko yajyaga aryamana n’umurinzi wabo Fighter aho uyu musore yahise anirukanwa ku kazi kubera iki cyaha cyo gutereta umugore wa Sebuja , kuri ubu nuko uyu muhanzi ari kuvugwaho gutereta n’abandi bakunzi babandi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa