skol
fortebet

Ubushakashatsi bwagaragaje ko abantu bakora ubukwe buhenze batarambana

author-image

Yanditswe na: Martin Munezero
Kuwa: Tuesday 04, Jun 2019

Sponsored Ad

skol

Ubushakashatsi bwagaragaje ko abantu bakoze ubukwe buhenze baba bafite ibyago byinshi byo kutarambana.

Abashakashatsi bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bakoreye inyigo ku bantu 3000 bashyingiranywe. Muri iyi nyigo bagiye bahuza igiciro cy’ubukwe ndetse n’ikigero cya gatanya zabaye.

Abantu bari baratanze arenga miliyoni 4 z’amafaranga y’u Rwanda mu gukodesha icyumba cyo kwiyakiriramo(salle de reception) bari bafite ibyago byo gutandukana kare kurusha abandi. Igiciro cy’impeta nacyo cyizweho aho usanga abaguze izihenze baba bafite ibyago byo gutandukana n’abo bashakanye kare kurusha abaguze iz’igiciro gito.

Ubu bushakashatsi ariko bwagarutse ku kuba ukwezi kwa buki nako gufite igisobanuro gikomeye mu burambe bw’urugo aho bwahamije ko iyo abakoze ubukwe bahise bajya mu kwezi kwa buki, biba bitanga icyizere cy’uko urugo rushingiye ku mizi nyayo.

Sponsored Ad

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa