skol

Perezida Mnangagwa yafungishije abashinzwe umutekano bafashwe bari gukubita umuturage

Yanditswe: Monday 28, Jan 2019

Perezida wa Zimbabwe,Emerson Mnangagwa yavuze ko yababajwe n’amahano y’abashinzwe umutekano bagaragaye muri Video yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga bari gukubita umugabo ukiri muto,asaba ko babafunga.

Mnangagwa abinyujije kuri Twitter ye, yatangaje ko yababajwe no kubona iyi nkuru mu kinyamakuru Sky News asaba ko aba bashinzwe umutekano bahita batabwa muri yombi.

Muri iyi video, aba bapolisi bagaragaye bakura umugabo wari wambaye amapingu mu modoka bamukubita inkoni nyinshi mu mutwe.

Abanya Zimbabwe bamaze iminsi bigaragambya kubera izamuka rikomeye ry’ibikomoka kuri lisansi,ndetse imiryango yita ku burenganzira bwa muntu yamaganye urugomo abasirikare ba Zimbabwe bakoreye abigaragambya.

Mu minsi irindwi ishize, abantu 8 bamaze kwicwa ndetse benshi bamaze gukomerekera muri iyi myigaragambyo yo kwamagana ibi biciro.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa