Bizimana Djihad agiye guca agahigo ko kuba umukinnyi uguzwe amafaranga menshi mu Rwanda
Yanditswe: Wednesday 25, Apr 2018
Umukinnyi Bizimana Djihad wakinaga hagati mu ikipe ya APR FC yamaze gutsinda igeragezwa yari amaze iminsi akora mu ikipe ya Waasland Beveren yo mu cyiciro cya mbere mu Bubiligi ,aho bivugwa ko aza gutangwaho arenga ibihumbi 120 by’amayero.
Amakuru agera ku umuryango ni uko uyu mukinnyi yamaze kumvikana na Beveren ndetse iyi kipe iri mu biganiro bya nyuma na APR FC ku buryo nta gihindutse arasinya amasezerano y’imyaka 3 bitarenze iminsi 2.
Djihad yitwaye neza muri CHAN bituma Beveren imurambagiza
Djihad yakoze ku mutima abashinzwe gushakira iyi kipe abakinnyi ubwo yari mu mikino ya CHAN u Rwanda rwaviriyemo mu matsinda ariko Djihad ku giti cye yigaragaje gitore.
Bizimana Djihad ari mu bakinnyi bitwaye neza muri uyu mwaka w’imikino, kuko yatsinze ibitego 4 mu mikino ibanza ya shampiyona, ndetse atsinda ibitego 4 mu mikino ya CAF Confederations Cup.
Yari umukinnyi ngenderwaho muri APR FC
Djihad yari amaze imyaka 3 muri APR FC, yagezemo avuye muri Rayon Sports yakiniye imyaka 2, nayo yajemo avuye muri Etincelles FC yamureze.


Leave a Reply
Your email address will not be published. Required fields are marked *