skol
fortebet

Frank Lampard yatangaje umukinnyi wa Arsenal wagoye Chelsea agatuma itabona amanota 3

author-image

Yanditswe na: Dusingizimana Remy
Kuwa: Thursday 23, Jan 2020

Sponsored Ad

skol

Umutoza wa Chelsea,Frank Lampard aracyari mu gahinda ko kunanirwa gutsinda Arsenal y’abakinnyi 10 mu mukino wa shampiyona wabereye ku kibuga Stamford Bridge kuwa Kabiri w’iki cyumweru.

Lampard yavuze ko yababajwe n’imyitwarire y’abakinnyi be bananiwe gutsinda Arsenal yakinnye isaha irenga ari abakinnyi 10 bakanganya ibitego 2-2 gusa yatunze urutoki ba myugariro.

Lampard yavuze ko abakinnyi be bo hagati bananiwe gucungira hafi Mesut Ozil n’uburyo yahagararaga mu kibuga ariyo mpamvu yaremye uburyo bwagiye bubagiraho ingaruka.

Yagize ati “Guhindura uruhande kwa Ozil kwaduteje ibibazo byinshi bituma abakinnyi banjye bakinira inyuma.Igice cya mbere cyaranshimihije gusa nakabaye naramwizeho.”

Lampard yavuze ko abakinnyi be bari hejuru mu minota 15 ya mbere ariko nyuma y’ikarita itukura ya David Luiz ku munota wa 26 na penaliti ya Jorginho byatumye birara batakaza umukino.

Lampard yavuze ko Ozil yagoye cyane Chelsea mbere y’uko aimbuzwa

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa