skol
fortebet

Micheal Sarpong yakozwe ku mutima n’abakunzi ba ruhago mu Rwanda bamugobotse nyuma yo kwirukanwa na Rayon Sports

Yanditswe: Saturday 25, Apr 2020

Sponsored Ad

Uwahoze ari rutahizamu wa Rayon Sports,Micheal Sarpong yatunguwe n’abakunzi ba ruhago bo mu Rwanda bamusanze iwe bakamugenera ibyo kurya bitandukanye byo kumutunga muri iki gihe cya Coronavirus ndetse bakanamuha amafaranga.

Sponsored Ad

Inkunga Micheal Sarpong yahawe nkuko byagaragaye ku mafoto yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga ni iy’ibiribwa birimo umuceri, kawunga, amavuta yo guteka, amata, ibikoresho by’isuku n’ibindi biherekejwe n’ibahasha y’ibihumbi 100 Frw.

Abinyujije kuri Instagram, Michael Sarpong yashimiye aba bakunzi ba ruhago mu Rwanda bamuzirikanye muri ibi bihe bibi bya Coronavirus isi yose irimo ndetse n’ibyo we arimo nyuma yo kwirukanwa na Rayon Sports.

Ati “Ndashimira cyane umuryango w’abakunzi ba siporo mu Rwanda ku bw’urukundo bangaragarije muri ibi bihe bidasanzwe. Ndabizi neza ko buri gihe banshyigikira. Muri abantu beza kandi mufite umuco mwiza wo kwishimira. Mwakoze cyane kubera ukuntu mwantunguye. Ndabakunda cyane Banyarwanda, n’umuryango w’abakunzi b’imikino mu Rwanda. Imana ikomeze kubaha imigisha itagabanyije..Amena.”

Kuwa 23 Mata 2020,nibwo ubuyobozi bwa Rayon Sports bwashyize hanze ibaruwa yirukana uwari rutahizamu wayo Micheal Sarpong nyuma y’amagambo yatangaje ko perezida Munyakazi Sadate nta bwenge afite bwo kuyobora Rayon Sports y’ubukombe.

Kuwa Kane, nibwo Rayon Sports yasohoye iyi baruwa ivuga ko yasheshe amasezerano y’uyu mukinnyi, inamwifuriza amahirwe ahandi azakomereza.

Kuwa 20 Mata 2020, nibwo Rutahizamu Micheal Sarpong yumvikanye abwira Royal FM ko perezida wa Rayon Sports,Munyakazi Sadate adafite ubwenge, ndetse ko atari akwiye kuyobora iyi kipe y’ubukombe nyuma y’ibaruwa ihagarika imishahara y’abakinnyi yari yasohotse.

Yagize ati “Ku bwanjye ndumva ari ibintu bitumvikana kuko Perezida ntabwo yigeze agira uwo aganira na we aho ari ho hose. Byibura hari abakinnyi bamaze igihe mu ikipe aho mbere yo kujyana ibintu mu itangazamakuru yagakwiye kuvugana na bo.

Bityo ku bwanjye rwose ni ibintu ntumva, kubyukira ku bintu mu bitangazamakuru gutyo. Ubundi iyo uri perezida rwose ugerageza kuvugisha abakinnyi. Twese turabizi ko bigoranye muri iyi minsi ntabwo turi gukina nta buri kimwe, biragoye ariko byibura wishyure ½ cy’umushahara ariko ntabwo wabyuka uvuga uko gusa nkaho nta muntu witayeho nta muntu utekerezaho, none se niba ari uko bimeze ni nde dukorera? Kubera iki turi hano? Kubera iki mu byukuri turi kugukorera?.

Nta bwenge afite, Ntabwo akwiye kuyobora iyi kipe y’ubukombe. Iyi kipe ikomeye ikeneye umuntu ukuze bihagije mu mutwe, ushobora kuganira n’abakinnyi. Sinkeka ko n’abakinnyi bifuza ko aguma ku mwanya ariho ubu. Ndakeka abakinnyi batamwifuza ubu.”

Michael Sarpong yageze muri Rayon Sports muri Nzeri 2018 avuye muri Dreams FC yo muri Ghana, atsinda ibitego 16 muri Shampiyona y’u Rwanda, anayifasha kwegukana igikombe cya Shampiyona iheruka.

Uretse kwirukanwa muri Rayon Sports, iyi kipe yanamwishyuje amadorali ya Amerika 612(572.220 FRW) ngo y’itike iyi kipe yamutegeye ubwo yavaga mu gihugu cya Norvege aho bavuga ko yari yagiye kuvugana n’andi makipe adahawe uburenganzira na Rayon Sports cyangwa ngo ibe ibizi.



Ibitekerezo

  • Bravo ,nubundi abanyarwanda barangwa n’ubudashyikirwa muri byose.kandi ntakabura imvano baba barabitojwe n"intore izirusha intambwe.

    murakoze
    ndabashomira nukuri
    kubwamakuru mundahwema
    kutujyezaho byumwihari
    yarayon sport ndashimiramurirusa
    jyeburiwese wafashe
    umwanya,agatekereze kurisarupongo
    nukuri nibyagaciro imana,ibamere
    umujysha nukuri,itagabanyije
    ndihanganisha sarupongo
    mubihebibi,arimo naho
    sadati weyifujeguhirika
    icyipi arikobizamugora
    sarupongo niyabeshye kubyowavuze
    gusanyine nibyobashakaga
    kubera,umushahara bamuha
    gusajye,icyonabwira munyakazi sadati
    nashakeyotonde kuko ,mandayiwe
    irikugana kumusozo arakorera,ubusa
    kbx sarupongo niyowajya
    muripolici kiyovu muhanga
    mukura,as Kigali bugesera
    nizindi tuzagukunda kuza
    ubwo sadati azavaho
    ukagaruka nuri rayon sport
    humura,tukurinyuma nukuri
    muvandi mumbabarire
    ubutumwamubumujyerezeho
    kandi mundeberanukunu
    mwambonera number
    umunuyakohereza namafaranga
    yajya,agurana mainite
    nukuri muraze

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Who are you?

Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa