skol
fortebet

Umugabo wari umaze ibyumweru 3 abana n’ingona yabonetse ari muzima bitungura benshi

author-image

Yanditswe na: Dusingizimana Remy
Kuwa: Thursday 16, Jan 2020

Sponsored Ad

skol

Umugabo witwa Milan Lemic w’imyaka 29 ukomoka mu gihugu cya Australia wari waraburiwe irengero kuva kuwa 22 Ukuboza 2019,yabonetse ari muzima nyuma y’ibyumweru 3 yari amaze aba mu ishyamba ryuzuyemo ingona nyinshi.

Uyu mugabo watangaje benshi ngo yari amaze ibi byumweru byose arya imbuto zo muri iri shyamba ritageramo abantu ndetse polisi yo yari izi ko izi nyamaswa z’inkazi zamwivuganye.

Kuwa kabiri w’iki cyumweru nibwo Polisi yavuze ko uyu mugabo yabonetse nyuma yo kugira ibyago imodoka ye igapfira muri iri shyamba rya Daintreeryo muri Leta ya Queensland iri mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Australia.

Iyi polisi yavuze ko uyu mugabo yabonetse ari muzima,afite amagara mazima ndetse ko nta n’iryinyo na rimwe ry’ibi bikoko ryamukozeho.

Uyu mugabo yabaye igitangaza kuri benshi bari bazi ko yapfuye nkuko polisi yari yabibabwiye gusa yivuguruje ishimira buri wese mu bayifashije gushakisha uyu mugabo

Ibitekerezo

  • nukuri imana yaramutabaye

    Iki ni igitangaza kabisa.Kubana n’ingona ibyumweru 3 ntikurye,nyamara isanga abantu imusozi ikabarya?Ingona,intare,inzoka,etc...zica abantu benshi buri mwaka.Gusa njya numva bavuga ko mu isi izaba paradizo inyamaswa ntabwo zizongera kurya abantu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa