Abagabo babiri bari bakurikiranyweho kwica umucuruzi wo mu Murenge wa Kaduha mu Karere ka Nyamagabe bamuziza kutabaha inzoga y’urwagwa, babihamijwe n’Urukiko, rubakatira gufungwa burundu.
Mu Karere ka Rubavu, mu Murenge wa Gisenyi mu Kagari ka Kivumu Abapolisi basanze abakekwa kuba ari abajura bari kuniga umuturage bari bateze umwe muri bo ashaka kubatera icyuma, bahita bamurasa.