skol
fortebet

Umuraperikazi w’ikirangirire Nicki Minaj yashimiye Perezida wa Amerika Donald Trump ku isabukuru ye y’amavuko y’imyaka 80.

author-image

Yanditswe na: ISIMBI Estella
Kuwa: Monday 15, Jun 2026

Umuraperikazi w'ikirangirire Nicki Minaj yashimiye Perezida wa Amerika Donald Trump ku isabukuru ye y'amavuko y'imyaka 80.

Sponsored Ad

skol

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, bwabonwe n’abarenga miliyoni eshanu, Nicki Minaj yanditse ati: “Isabukuru nziza y’imyaka 80, Bwana Perezida!”, ahita ashyiraho ifoto bari kumwe na Donald Trump.

Isabukuru ya Donald Trump yahuriranye n’amasezerano y’ibanze agamije guhagarika intambara Amerika na Isiraheli bari baratangije kuri Irani mu kwezi kwa Gashyantare uyu mwaka.

Ku Cyumweru, Trump yabaye Perezida wa kabiri wa Amerika ugejeje imyaka 80 akiri ku butegetsi, nyuma y’uwo yasimbuye, Joe Biden.

Trump yizihije iyo sabukuru kuri uwo munsi, aho yagiye kureba imikino ya UFC (imikino yo kurwana ivanze) yabereye ku kibuga kiri mu rugo rw’Umukuru w’Igihugu muri White House.

Amasaha make mbere y’uko iyo mikino itangira, yashimye amasezerano y’ibanze yo guhagarika intambara muri Irani.

Yavuze ko ayo masezerano “yamaze kunozwa”, anatangaza ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigiye gukuraho icyemezo zari zarafashe cyo gufunga ibyambu bya Irani. Yanemeje kandi ko umuhora wa Hormuz ugiye kongera gufungurwa.

Mbere y’uko intambara itangira, uwo muhora wanyuzwagamo hejuru ya 20% by’amavuta na gaz bikoreshwa ku isi.

Ariko Irani, mu kwihorera ku bitero yagabweho, yahise itangira kubangamira cyangwa kugabanya cyane urujya n’uruza rw’amato awunyuramo.

Igihe Trump yasubiraga ku butegetsi, Joe Biden we yari yujuje imyaka 80 mu Ugushyingo 2022, maze habaho ibirori bisanzwe muri White House byari byatumiwemo gusa abo mu muryango we.

Uburyo Trump ari kwizihizamo isabukuru ye bugaragaza neza urugero ibintu byahindutse n’umuvuduko byahindukiyemo.

Abajijwe icyo avuga ku itandukaniro riri hagati y’ubwo buryo bubiri bwo kwizihiza isabukuru, umuvugizi wa White House, Allison Schuster, yasubije ko iyo mikino ya UFC ari kimwe mu bikorwa by’imyidagaduro bidasanzwe mu mateka ya Amerika.

Nk’uko Schuster yabivuze, kuba icyo gikorwa kibereye mu biro by’Umukuru w’Igihugu, ku munsi wahariwe ibendera ry’Igihugu, kandi mu gihe Amerika iri kwitegura kwizihiza imyaka 250 imaze ibaye igihugu, ari bwo buryo bukwiriye bwo kwizihiza iyo sabukuru.
Izindi nkuru wasoma
 Nicki Minaj yemeye inkunga iri hagati ya $150,000 na $300,000 yo gushyigikira Perezida Trump
 Nicki Minaj yavuze ko ntawe umurusha gukunda Trump

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Muri bande?



Amategeko n'amabwiriza birkurikizwa