Perezida Paul Kagame yakiriye Intumwa yihariye ya Loni mu bijyanye n’umutekano wo mu muhanda, Jean Todt n’umugore we, Michelle Yeoh, wamamaye cyane muri filimi.
Umusore uri mu kigero cy’imyaka 18 wo mu Mudugudu wa Kabeza, Akagari ka Kabeza, Umurenge wa Ririma, mu Karere ka Bugesera, yiyahuye anyweye ibinini by’imbeba nyuma y’uko umukobwa bakundanaga amwanze.
Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr. Jimmy Gasore, yagaragaje ko ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli mu Rwanda byiyongereye bitewe n’impinduka zabaye ku isoko mpuzamahanga.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yahinduye amazina ya Minisiteri y’Ingabo ayita Minisiteri y’Intambara, izina ryakoreshwaga mu myaka yo hambere.
Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abarwanyi b’Ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro rya Wazalendo baraye barasaniye mu Mujyi wa Uvira mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo kubera kutumvikana.
Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryemeje ko riri gukoza imitwe y’intoki ku mujyi wa Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, wegereye umupaka w’u Burundi.