Zari Hassan [Zari The Boss Lady] wamaze kugera mu Rwanda aho agiye gukorera ibirori bikomeye, yageneye ubutumwa Mugisha Benjamin [The Ben] na Uwicyeza Pamella nyuma yo kunanirwa kwitabira ubukwe...
Ku wa 23 Ukuboza 2023, umuhanzi Mugisha Benjamin wamamaye nka The Ben yakoze ubukwe n’umukunzi we Uwicyeza Pamella wamenyekanye cyane mu marushanwa y’ubwiza (Miss Rwanda) mu mwaka wa 2019.
Mu bukwe bwe bwabaye ku wa Gatandatu tariki ya 23 Ukuboza 2023, The Ben yaserutse yambaye umusatsi w’umukorano ugurwa n’ufite ikofi itajegajega dore ko ukoreshwa umunsi umwe gusa ugata agaciro.