Shyaka James w’ imyaka 23 y’ amavuko yakoze urubuga rwa internet ashyiraho ibizamini bya Leta byose byakozwe ndetse n’ ibizamini by’ uruhushya.
Uyu musore wiga ibijyanye n’ ikoranabuga avuga ko yakoze uru rubuga www.isomo.info kugira ngo afashe abanyeshuri bitegura ibizamini kubona ibizamini byagiye bikorwa mu myaka yabanje bizwi nk’ ibicupuri.
Aganira n’ Umuseke dukesha iyi nkuru yagize ati “Twajyaga mu isomero tugasanga kopi z’ibizamini zirimo ni eshanu, kandi na zo uwinjiye akayiba akayitwara, (...)
Home > Keywords > Umuryango_Keys > Umuryango_Highlights_In_Slide
Umuryango_Highlights_In_Slide
Articles
-
Umunyarwanda yakoze urubuga ruriho ibizamini bya Leta byose
7 September 2017, by Nsanzimana Ernest -
Sobanukirwa ibyiciro n’ibirango by’amapeti y’Igisirikare cy’u Rwanda nuko agiye arutana[AMAFOTO]
14 August 2018, by Martin MunezeroAbakunzi b’ikinyamakuru Umuryango.rw, bagiye badusaba ko twazabasobanurira ibijyanye n’amapeti y’igisirikare cy’u Rwanda, ibirango bya buri peti ndetse n’uko amapeti agenda arutanwa. Muri iyi nkuru, turabagezaho ibisobanuro by’aya mapeti duhereye ku ipeti rito dufite mu Rwanda, kugeza ku rinini.
-
“Imvura izagenda igabanuka muri uku kwezi kwa Gicurasi” : Meteo Rwanda
8 May 2017, by UbwanditsiMeteo Rwanda itanganza ko n’ubwo hari imvura nyinshi mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Gicurasi atariko bizakomeza iyi mvura izagenda igabanuka.
“ICYEGERANYO CY’IMVURA YA GICURASI 2017”
Dukurikije isesengura ry’ibipimo by’imvura by’imyaka myinshi ishize byafashwe hirya no hino mu gihugu, birerekana ko mu Rwanda dusanzwe tugusha imvura mu kwezi kwa Gicurasi.
Icyakora hari ubwo mu kwezi kwa Gicurasi ntamvura igwa bitewe ahanini n’imiterere y’isi ituma imvura y’igihembwe cy’itumba irangira mbere ya (...) -
Inama ku bagabo bagira intege nke mu gihe cyo gutera akabariro n’icyo bakora ngo birinde cyangwa bivuze
5 May 2019, by UbwanditsiGucika intege ku bagabo mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina ni bimwe mu bimenyetso biza mu buryo butandukanye mu bihe bitandukanye. Abagabo bashobora kugira iki kibazo mu gihe bagitangira igikorwa nyirizina bikagaragazwa no gusohora mu buryo bwihuse nta nicyo bari bakora kubijyanye n’imibonano mpuzabitsina baba bagiye gukora.
-
Amwe mu mateka yaranze tariki 2 Nyakanga umunsi Lumumba yavutseho
2 July 2017, by Renzaho FerdinandIsomere ibyaranze tariki ya 02 Nyakanga, umunsi ugaragaza kimwe cya kabiri cy’umwaka usanzwe, umunsi urimo iyicwa ry’umugabo utazibagirana mu mateka y’isi cyane muri Afurika. Turi tariki ya 02 Nyakanga, ni umunsi w’ 183 mu minsi 365 igize uyu mwaka usigaje iminsi 182 ngo ugere ku musozo.
Uyu munsi ni umunsi uri hagati na hagati y’iminsi yose igize umwaka usanzwe, kubera ko hamaze kurangira iminsi 182 hakaba hasigaye iyindi minsi 182. Isaha nyakuri igaragaza ko umwaka ugeze hagati ni saa sita (...) -
Dusobanukirwe n’uburwayi bwa porositate (prostate) indwara yibasira kandi igahitana abagabo batari bake
7 July 2021, by UbwanditsiEse prostate ni iki ?
Porositate ni rumwe mu ngingo z’umubiri w’umugabo rujyanye n’imyororokere, ikaba iri imbere munsi y’uruhago, aho ishinzwe gukora ibintu bituma intanga iyo zimaze kuva aho zikorerwa mu mabya zizamuka mu miyoboro zikagera ahantu mu tuntu tumeze nk’udusaho (tumeze nk’udufuka) zigahura n’amazi agizwe na poroteyine yakozwe na porositate akajya muri twa dusaho, intangangabo zagera mo akaba ariho zikurira.
Ayo mazi nizo ntanga akaba ari nabyo byitwa amasohoro”. Porositate ifite (...) -
‘Guhagarika Human Right Watch siwo muti’ Sibomana
15 December 2017, by Nsanzimana ErnestUmuyobozi w’ urugaga rw’ amasendika akorera mu Rwanda COSYLI, (Conseil National des Organisations Syndicales Libres au Rwanda Innocent Sibomana asanga u Rwanda rudakwiye guhagarika ibikorwa by’ umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu ‘HRW’ ahubwo rwajya rukosora amakosa yagaragajwe na HRW, ibitari ukuri rukabyirengagiza.
Sibomana yagaragarije UMURYANGO ko atemeranya n’ abadepite basabye ko u Rwanda rwirukana HRW.
Yagize ati “HRW, kuyihagarika njyewe ndumva atariwo muti. Ntabwo (...) -
Kagame Paul yatsindiye kuba Perezida w’u Rwanda 2017-2024
4 August 2017, by Iyamuremye JanvierPerezida wa Komisiyo y’Amatora, Prof Kalisa Mbanda, nyuma yo kuvuga aya majwi y’ibanze yagize ati “Twavuga ko afite [Paul Kagame] amahirwe yo kuzakomeza kuba uwa mbere akaba azatsindira uyu mwanya wa Perezida wa Repubulika muri manda itaha. Ibyo rero tukaba tuzabihamya ejo.”
Muri aya matora abantu batoreye kuri site z’itora 2,340 zigizwe n’ibyumba by’itora 16,691. Abanyarwanda bangana na 6, 897,076 nibo banyarwanda batoye aho Prof Kalisa Mbanda avuze ko amatora yagenze.
Ibyavuye mu Matora (...) -
Theoneste Bagosora yahitanwe n’uburwayi bwamufatiye muri gereza
25 September 2021, by Dusingizimana RemyCol. Theoneste Bagosora wahamwe n’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi yaguye muri gereza yo muri Mali yari afungiwemo.
-
Perezida Kagame yijeje kongera umushahara w’abaganga n’abakora mu butabera
1 March 2023, by Dusingizimana RemyPerezida Kagame yavuze ko batekereza uko abaganga n’abakora mu nzego z’ubutabera bakongererwa umushahara gusa yirinze kuvuga igihe bizakorerwa.
Ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa 01 Werurwe 2023,Perezida Kagame yavuze ko igihugu nikibona aho gikura kizongerera umushahara abaganga n’abo mu nzego z’ubutabera nkuko cyabikoze ku barimu.
Ati "Abo bandi nabo hari igihe twigeze kureba ko twagira icyo dukora ngo hagire icyiyongeraho ku buzima bwabo cyangwa icyo bahembwa.Harimo nk’urugero (...)