Abagore babiri barasiwe mu murenge wa Rwempasha mu karere ka Nyagatare n’abasilikare bari ku burinzi mu ijoro ryakeye nyuma yo kubahagarika bikoreye inzoga zitemewe mu Rwanda bari bakuye muri Uganda, bakanga ahubwo bakagerageza kwiruka.
Home > Keywords > Umuryango_Keys > Umuryango_Highlights_In_Slide
Umuryango_Highlights_In_Slide
Articles
-
Nyagatare: Abagore babiri barashwe n’abasirikare bari kugerageza kwambutsa magendu ku mupaka
26 October 2019, by Dusingizimana Remy -
Ni inde uzasiba urwobo rw’amacakubiri, kwikubira n’inzangano rwicukuye muri ADEPR?
8 May 2017, by Joseph HakuzwumuremyiBishop Sibomana Jean (Umuvugizi) na Bishop Rwagasana (Umuvugizi ushinzwe ubuzima bw’itorero (sic))
Iminsi y’iki cyumweru cya mbere cya Gicurasi yakomereye idini rya ADEPR n’abayobozi baryo kuko nibwo bwa mbere bamwe mu bayobozi baryo bo ku rwego rwo hejuru bafunzwe bazira amakosa bakoreye mu kazi k’itorero bari bashinzwe.
Kugeza ubu Umuvugizi wungirije w’iri torero ndetse na bamwe mu bakozi baryo 3 cyane cyane bafite aho bahurira n’amafaranga baracyari mu maboko ya Polisi bose (…) -
COVID-19:U Rwanda rwashyizwe mu bihugu 14 byizewe abaturage babyo bemerewe kwinjira i Burayi
30 June 2020, by Dusingizimana RemyUmuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU/UE) watangaje ibihugu 14 uvuga ko abaturage babyo "badateje akaga" bemerewe kwinjira i Burayi kuva tariki 01 z’ukwezi kwa karindwi, nubwo hakiri icyorezo cya Covid-19, Abanyarwanda bari mu bemerewe, Amerika, Brazil n’Ubushinwa ntibemerewe.
-
Nyarugenge: Umukobwa yasimbutse ku igorofa rya kane ry’inyubako yo kwa Makuza kubera umusore yakundaga ntabihe agaciro
6 September 2019, by Dusingizimana RemyUmukobwa witwa Hatangimana Scolastique w’imyaka 25 y’amavuko,yasimbutse kuri Etage ya kane yo ku nyubako izwi nko kwa Makuza (Makuza Peace Plaza) mu mujyi rwagati ahagana saa tanu z’amanywa, yikubita hasi gusa ntiyapfa kuko polisi yahise ihagera bahamagaza imbangukiragutabara imujyana kwa muganga.
-
Oliver Karekezi ashobora kuba agiye kwirukanwa muri Rayon Sports
14 February 2018, by Dusingizimana RemyHari amakuru yizewe avuga ko Umubiligi wahoze atoza ikipe ya Rayon Sports wagarutse mu Rwanda nyuma yo kuyivamo asezeye kubera ibibazo atatangarije itangazamakuru mu mwaka wa 2016 ashobora kuba agiye gusimbura Karekezi Olivier utarashimishije abakunzi ba Rayon mu mikino ibiri iheruka.
Uyu mugabo wavuye muri Rayon Sports nyuma y’umukino yatsinzemo Kiyovu Sports igitego 1-0 agasigira ikipe Masudi Djuma wari umwungirije, yagaragaye ku mukino Rayon Sports yakinnye na Musanze FC kuri uyu wa (…) -
Kenya: William Ruto yatangajwe ko yatsinze amatora ya Perezida imirwano ihita itangira
15 August 2022, by Dusingizimana RemyWilliam Ruto w’imyaka 55 ni we watorewe kuba Perezida wa Gatanu wa Kenya atsindiye ku majwi 50.49% naho Raila Odinga bari bahanganye agira 48.85%.
William Ruto ni we watsinze amatora y’umukuru w’igihugu muri Kenya,yabaye ku wa kabiri ushize,tariki 9 z’ukwezi kw’umunani.
Ruto yabaye umukuru w‘igihugu wa Kenya wa gatanu kuva icyo gihugu kibonye ubwigenge. Ruto yari asanzwe ari visi perezida yungirije Uhuru Kenyatta,barangije manda y’imyaka icumi.
Mbere y’uko ibyavuye mu matora (…) -
KAMONYI:Gerard yiyiciye umukobwa bari bagiye kurushinga yaramaze no gufata irembo
17 June 2019, by Martin MunezeroMu masaha ya mugitondo cyo kuwa Gatandatu tariki 15 Kamena 2019, nibwo abaturage bo mu mudugudu wa Gihembe, mu kagari ka Buhoro ho mu murenge wa Musambira mu karere ka Kamonyi, babyutse babikirwa urupfu rw’umukobwa witwaga Delphine bivugwa ko yiciwe mu rugo rw’umuvugabutumwa yari yahurijwemo n’umusore witwa Gerard bendaga gukora ubukwe, ndetse ngo yamwishe umunsi bari basigaye ari bonyine ngo banoze iby’ubukwe bwabo byari birimbanyije cyane ko hari haramaze no kubaho imihango yo gufata irembo.
-
Rwamagana: Wa mugabo uregwa ko wishe umugore we akamubaga imbere y’ urukiko yavuze icyabimuteye
10 July 2018, by Nsanzimana ErnestNtezimana Jean Damascene uregwa kwica umugore akanashinyagurira umurambo kuri uyu wa 10 Nyakanga 2018 yaburanishirijwe mu murenge wa Karenge ahabereye icyaha yemera ibyaha aregwa.
-
Perezida w’ Ubushinwa Xi Jinping na madamu we bageze mu Rwanda
22 July 2018, by Nsanzimana ErnestKu mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 22 Nyakanga 2018 nibwo Perezida w’ u Rwanda Paul Kagame n’ umugore we Jeannette Kagame bakiriye Perezida w’ Ubushinwa Xi Jinping n’ umugore we Peng Liyuan.
-
RIB yataye muri yombi abayobozi 2 bo mu karere ka Nyaruguru barimo Gitifu wako
12 June 2020, by Dusingizimana RemyUrwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha [RIB] rwafunze Ruzima Serge, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akarere ka Nyaruguru na Nsengiyumva Innocent, ushinzwe ibikorwa rusange muri aka karere kubera ibyaha binyuranye bashinjwa.
Umuryango.rw
COVID-19:U Rwanda rwashyizwe mu bihugu 14 byizewe abaturage babyo bemerewe kwinjira i Burayi
Kenya: William Ruto yatangajwe ko yatsinze amatora ya Perezida imirwano ihita itangira