Patience Rwabwogo Museveni, umukobwa wa Perezida Museveni wa Uganda, mu cyumweru gishize nibwo yabwiye imbaga y’abakiristo ko yabonye Imana n’amaso ye, imutangariza ko igiye guhindura igihugu cya Uganda.
Patience yatumiwe nk’umushyitsi udasanzwe na Pastor Wilson Bugembe wo mu itorero “Light the World Ministries” ikinyamakuru cyo muri Uganda, Ugchristiannews gitangaza ko ubwo yitabiraga ubutumire ari nabwo yaboneyeho akanya ko gutangaza uburyo yakiriye agakiza afite imyaka 11 y’amavuko. (…)
Home > Keywords > Umuryango_Keys > Umuryango_Highlights_In_Slide
Umuryango_Highlights_In_Slide
Articles
-
Umukobwa wa Perezida Museveni yavuze uburyo yibonaniye n’Imana amaso ku maso ndetse ikagira nibyo imutuma
10 April 2018, by Martin Munezero -
Minisitiri Mateke arashinjwa kugira uruhare mu gitero cy’iterabwoba cyagabwe mu karere ka Musanze
11 March 2020, by Martin MunezeroDr. Philemon Mateke, Umunyamabanga wa leta ya Uganda muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga Ushinzwe Imibanire n’Akarere, akomeje gushinjwa kugira uruhare mu gitero cy’iterabwoba cyagabwe mu karere ka Musanze mu Kwakira 2019.
-
Ndashaka ko inyigisho duhabwa zijyana n’intego-Perezida Kagame
9 July 2019, by Dusingizimana RemyNyakubahwa Perezida Kagame yasabye abayobozi batandukanye n’abanyarwanda muri rusange kutigira ubusa ahubwo bakwiriye guharanira ko inyigisho bahabwa zibafasha kugera ku ntego biyemeje.
-
Kabuga: Ibyo utamenye kuri bya byobo byatawemo abishwe Jenoside
12 July 2018, by Nsanzimana ErnestMu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Rusororo muri Centre y’ubucuruzi ya Kabuga ahitwa mu Gahoromani hakomeje kuboneka imibiri myinshi y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Amakuru yatanzwe muri Gacaca n’atangwa n’abaturage agaragaza ko muri 1994 muri Centre ya Kabuga hiciwe Abatutsi benshi baturukaga mu duce tw’Umujyi no mu nkengero zawo nka Ruhanga, Mbandazi, Muyumbu, Ndera, Remera, Kanombe na Masaka, bahungaga bashaka kwerekeza Iburasirazuba, abandi berekeza mu Mujyi. Abo baje biyongera ku Batutsi bari basanzwe batuye i Kabuga. Abatutsi bageraga i Kabuga bakahasanga bariyeri eshanu zikomeye bakahabicira, imibiri yabo igatabwa mu byobo bitandukanye byacukuwe muri Centre ya Kabuga.
-
Bamporiki yakomoje ku nzozi za Padiri Nahimana (umupagani) na Twagiramungu bifuje kuyobora u Rwanda
29 July 2017, by Iyamuremye JanvierDepite Bamporiki Edouard yahamirije Paul Kagame ko Abaturage ba Rusizi batari inyuma y’umupadiri wabaye umupagani (Padiri Nahimana) n’umunyapolitiki ushaje (Twagiramungu) baba hanze y’u Rwanda barwanya leta y’u Rwanda.
Ibi yabitangaje kuri uyu wa 28 Nyakanga 2017 mu gikorwa cyo kwiyamamaza no kwamamaza umukandida wa RPF-Inkotanyi, Kagame Paul. Bamporiki yavuze ko nubwo Nahimana na Twagiramungu bavuka I Rusizi mu cyahoze ari Cyangungu nta n’umwe ubari inyuma nubwo bakomeje kugaragaza ko (…) -
NEC yamaganye ibyavuzwe na Ambasaderi w‘u Bwongereza ko amatora atanyuze mu mucyo
17 September 2017, by Iyamuremye JanvierUmunyamabanga Nshingwabikorwa wa NEC, Charles Munyaneza yamaganiye kure ibyavuzwe na Ambasaderi w’Ubwongereza mu Rwanda watangaje ko amatora yo mu Rwanda aherutse kuba muri Kanama tariki ya 03 na 04 atabaye mu mucyo.
Ambasaderi w’Ubwongereza, William Gelling, mu nyandiko yasohoye kuri uyu wa Gatanu, yavuze ko ayo matora ataciye mu mucyo ndetse ko hari byinshi byayaranze bihabanye n’ihame rya demokarasi.
Yagize ati “ Amatora ni cyo gipimo nyakuri cya demokarasi mu gihugu. Nagize (…) -
NEC ngo yiteguye kuburana n’ umukandida wasohotse ku rupapuro rw’ itora amazina ye yanditse nabi
3 September 2018, by Nsanzimana ErnestKomisiyo y’ igihugu y’ amatora mu Rwanda yatangaje ko izaburana niramuka irezwe mu nkiko n’ umukandida depite wigega Nsengiyumva Janvier wagaragaye ku rupapuro rw’ itora amazina ye yanditse nabi.
-
Perezida Kagame yahawe igihembo gihabwa inshuti nziza y’ Abayahudi
22 May 2017, by Nsanzimana ErnestPerezida w’ u Rwanda Paul Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga kitwa “Dr.Miriam&Sheldon Adelson Award”, gihabwa umuntu wagaragaje kuba inshuti nziza y’Abayahudi na Israel
Iki gihembo yagifatiye mu mujyi wa New York mu birori byabaga ku nshuro ya gatanu byitwa “Annual Champions of Jewish Values Award Gala”.
Mu ijambo yagejeje ku Bayahudi n’inshuti zabo bari muri ibi birori, Perezida Kagame yashimye cyane Dr Elie Wiesel ukuriye uyu muryango.
Kagame yavuze ko ari iby’igiciro kinini (…) -
‘Musigeho kubangamira abimukira’ Perezida Kagame mu Bwongereza
7 October 2018, by Nsanzimana ErnestPerezida w’ u Rwanda akaba n’ Umuyobozi wa Afurika yunze ubumwe Paul Kagame yasabye abakibangamira abimukira kubihagarika kuko bidakemura iki kibazo yongeraho ko igihugu kimwe kitakwibashisha kurangiza iki kibazo.
-
Abagore: Ngo 30% yabo irimo kubateza imbere ivuyeho ubu yaba igiye kare
4 September 2018, by Nsanzimana ErnestAbagore bo mu karere ha Huye n’ aka Gisagara baravuga ko kuba Leta y’ u Rwanda yarabageneye imyanya 30% mu nzego zifatirwamo ibyemezo bibafitiye akamaro. Barasaba abadepite batoye kuzahanira ko u Rwanda ruguma ku isoga mu guha agaciro umugore. Meya Sebutege asanga 30% y’ abagore ikwiye kugumaho kuko bayikwiriye.
Umuryango.rw